Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Ubwongereza bwegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Isi cya 2026

Ubwongereza bwegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy'Isi cya 2026 butsinda u Bufaransa mu mukino w'ibitego 10

Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Isi cya FIFA 2026 nyuma yo gutsinda u Bufaransa ibitego 6-4 mu mukino waranzwe n’ibitego byinshi, ubudasanzwe ndetse n’ihangana rikomeye.

Uyu mukino wabaye ku wa 18 Nyakanga 2026, usiga amateka yo kuba umwe mu mikino yagaragayemo ibitego byinshi mu minota isanzwe 90 y’irushanwa, amakipe yombi atsindana ibitego 10.

Ubwongereza bwatangiye umukino neza cyane, bukomeza gushyira igitutu ku Bufaransa kuva ku munota wa gatatu, aho Declan Rice yafunguye amazamu. Ezri Konsa yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 18, mbere y’uko Bukayo Saka atsinda icya gatatu ku munota wa 37.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Saka yongeye kunyeganyeza inshundura ku munota wa 45+1, bituma amakipe ajya kuruhuka u Bwongereza buyoboye umukino n’ibitego 4-0.

Mu gice cya kabiri, u Bufaransa bwagarutse bufite inyota yo kwishyura. Kylian Mbappé yafunguye amazamu y’ikipe ye ku munota wa 48, Bradely Barcola atsinda icya kabiri ku wa 54, mbere y’uko Mbappé atsinda icya gatatu ku munota wa 66, bituma icyizere cyo kugaruka mu mukino cyiyongera.

Icyakora, Ubwongereza bwongeye kwisuganya. Bukayo Saka yuzuza ibitego bitatu (hat-trick) atsinda penaliti ku munota wa 87, mu gihe Jude Bellingham yatsinze igitego cya gatandatu ku munota wa 90+8, ashyira iherezo ku makenga yose.

Nubwo Ousmane Dembélé yatsinze igitego cya kane cy’u Bufaransa ku munota wa 90+6, nticyabujije u Bwongereza kurangiza umukino ari rwo rwitwaye neza, rwegukana umwanya wa gatatu ku ntsinzi y’ibitego 6-4.

Bukayo Saka ni umwe mu bakinnyi bagaragaye cyane muri uyu mukino, aho yatsinze ibitego bitatu ndetse anatanga umusaruro ukomeye mu busatirizi bw’u Bwongereza. Ku ruhande rw’u Bufaransa, Kylian Mbappé na we yagerageje gukura ikipe ye mu bihe bikomeye atsinda ibitego bibiri, ariko ntibyabaye bihagije ngo ahindure icyerekezo cy’umukino.

Uyu mukino wasoje urugendo rw’amakipe yombi muri iri rushanwa, u Bwongereza bwegukana umudari w’umuringa, mu gihe u Bufaransa bwarangije ku mwanya wa kane nyuma yo gutsindwa mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu.

Ubwongereza bwegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Isi cya 2026 butsinda u Bufaransa mu mukino w’ibitego 10

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities