Connect with us

Hi, what are you looking for?

Politiki

Perezida Samia wa Tanzania yagirianye ibiganiro na Putin

Perezida Samia wa Tanzaniya yatangiye uruzinduko rw'akazi mu Burusiya

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Burusiya aho yagiranye ibiganiro na Perezida Vladimir Putin, mu rugendo rufatwa nk’intambwe ikomeye mu gukomeza umubano hagati y’ibihugu byombi.

Uru ni rwo ruzinduko rwa mbere rw’amahanga Perezida Samia agiriye hanze y’igihugu kuva yongeye gutorerwa kuyobora Tanzania mu matora yabaye umwaka ushize.

Urwo ruzinduko rubaye mu gihe ubutegetsi bwa Tanzania bukomeje kunengwa n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi kubera ibibazo byavuzwe mu matora yo mu Ukwakira gushize ndetse n’ikorwa ry’umutekano ryakurikiye ayo matora, aho amakuru atandukanye avuga ko abantu barenga 1.000 bahasize ubuzima.

Mu gihe ibihugu bimwe byo mu Burengerazuba byakomeje kugaragaza impungenge ku miyoborere ya Tanzania, Perezida Putin yari mu bayobozi ba mbere bo ku rwego mpuzamahanga bashimiye Samia nyuma yo gutangazwa nk’uwatsinze amatora ku majwi 98%.

Mu biganiro byabereye i Moscou ku wa Gatatu, Perezida Putin yashimiye mugenzi we wa Tanzania kuba yarafashe icyemezo cyo kugirira uruzinduko igihugu cye.

Yagize ati: “Iki n’ikimenyetso cy’ukuri kerekana ko iyi myaka yose, by’umwihariko mu myaka ishize, igihe mwakoraga nka minisitiri w’ubutegetsi by’igihugu, na Perezida wungirije, mwibanze ku iterambere no kubungabunga amasezerano twari dufitanye.”

Perezida Putin yavuze kandi ko ubufatanye mu by’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi buri kwaguka ku muvuduko ushimishije, agaragaza ko ubucuruzi bwabyo bwazamutseho 25% mu mwaka wa 2025.

Mu rugendo rwe, Perezida Samia yaherekejwe n’itsinda ry’abashoramari n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye, aho biteganyijwe ko hazaganirwa ku mishinga ijyanye n’ubucuruzi, ubukerarugendo ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Kugeza ubu, umushinga munini usanzwe uhuza impande zombi ni uw’ikirombe cya Uranium kimaze imyaka irenga icumi gitegurwa ariko kitaratangira gukora. Tanzania iri mu bihugu bitanu bya mbere muri Afurika bicukura Uranium nyinshi.

Perezida Samia yashimiye uruhare Burusiya rwagize mu gushyigikira urugamba rwo kwibohora kwa Afurika, anagaragaza ko yifuza ko umubano hagati y’ibihugu byombi ukomeza gutera imbere.

Mu myaka ishize, umubano wa Tanzania n’u Burusiya warushijeho gukomera. Muri Mutarama uyu mwaka hashinzwe Inama y’Ubucuruzi ihuza ibihugu byombi, mu gihe kandi sosiyete y’indege ya Air Tanzania yatangaje ko iteganya gutangiza ingendo zitaziguye hagati ya Tanzania na Moscou mbere y’uko uyu mwaka urangira.

Biteganyijwe kandi ko ku wa Gatanu Perezida Samia azitabira Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubukungu rya St. Petersburg, rimwe mu nama zikomeye zihuza abayobozi n’abashoramari baturutse hirya no hino ku Isi.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities