Joe Biden umukandida w’Umudemokarate wahataniraga kuyobora Leta zunze Ubumwe za Ameriaka, yatsinze bidasubirwaho Donald Trump umukandida w’umurepubulikani wari umaze imyaka ine ari Perezida wa Repubulika, bityo aba Perezida wa 46 wa Amerika.
Joe Biden yatsinze ku majwi 290, atsinda Donald Trump wagize amajwi 214. Ni amatora yatangiye ku wa kabiri tariki ya 3 Ugushyingo 2020.
Joe Biden, wabaye na Visi Perezida ku butegetsi bwa Barack Hussein Obama, ahawe intsinzi na Leta ya Pennsylvanie, intsinzi ikomeje kuvugwa mu bitangazamakuru bikomeye ku isi.
Ku ntsinzi yari amaze iminsi ahatanira ku buryo butoroshye, Joe Biden wari wasabye abamushyigikiye gutuza bagategereza ko ibarura rirangira yagize ati “Ni iby’igiciro gikomeye cyane kuba ntorewe kuyobora Amerika. Nyuma yo guhura na byinshi bikomeye muri uru rugendo, abanyamerika benshi baratoye. Ibi byongeye gushimangira ko demokarasi iterera mu mutima wa Amerika”.
Yakomeje avuga ko “Abanyamerika bagomba gushyira imijinya n’urwango ku ruhande, bagafatanya nk’abanyagihugu kimwe”.
Impinduka ikomeye cyane nanone ku mwanya wa visi perezida, ahoBiden yahisemo umugore w’umwiraburakazi Kamala Harris w’imyaka 56 kuzamubera Visi perezida, ibintu bibaye bwa mbere mu mateka ya Amerika.
Nyuma yo gutsinda Trump, Joe Biden yanditse kuri twitter ati “Amerika, Ndanezerewe cyane kuba mwampisemo ngo nyobore igihugu cyacu cyiza. Akazi kari imbere karakomeye, ariko ndabasezeranya ko nzaba Perezida w’Abanyamerika bose, abantoye n’abatarantoye. Nzakomeza icyizere mwampaye”.
Ubwanditsi
