Ku munsi w’ejo hiriwe hakwirakwira inkuru yatangajwe n’ikinyamakuru cyo muri Canada ko Perezida Joseph Kabila yari ahitanywe n’umwe mu basirikare bakwiye kumurinda akajyanwa mu bitaro bitashoboye kumenyekana, kandi ngo uwo musirikare na we yahise aminjwaho urufaya rw’amasasu.
Amakuru dukesha umukunzi akaba n’inshuti ya Panorama uri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, avuga ko Perezida Kabila nta kibazo cy’ubuzima afite, ndetse yanitabiriye inteko rusange ya Loni.
Ikinyamakuru la Libre.be cyo mu Bubiligi gitangaza ko Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Lambert Mende Omalanga, yabeshyuje ayo makuru.
Ku wa mbere no ku wa kabiri w’icyumweru gishize, Kinshasa yabaye isibaniro ry’imyigaragambyo yiganjemo guhangana n’abashinzwe umutekano ndetse n’ubusahuzi, yiganjemo urubyiruko rw’amashyaka atavuga rumwe n’iri ku butegetsi bamagana Perezida Kabila, basaba ko ava ku butegetsi. Iyo myigaragambyo yaguyemo abatari bake.
Panorama
