Mu gihe Uganda iri kwitegura kuganira ku mushinga w’itegeko witwa “Protection of Sovereignty Bill”, imiryango itegamiye kuri Leta n’izindi nzego zitandukanye zakomeje kugaragaza impungenge, zivuga ko ushobora kubangamira ubwisanzure bw’abaturage no kugira ingaruka ku bukungu.
Mu kiganiro n’itangazamakuru, Miria Matembe wahoze ari Minisitiri, yanenze uburyo uyu mushinga uri kwihutishwa nubwo umaze igihe uteza impaka nyinshi mu baturage.
Yagize ati: “Sinigeze mbona umushinga w’itegeko uteje impaka nyinshi gutya, wanenzwe n’abantu benshi, wihutishwa ngo uganirweho mu minsi ibiri gusa… Mukazana umushinga wateje impaka kandi wanenzwe ku rwego rungana kuriya.”
Uyu mushinga w’itegeko uteganya guhana ibikorwa byose bishobora gufatwa nko gushyigikira inyungu z’abanyamahanga ku nyungu za Uganda, ndetse ugashyiraho icyiciro cy’abantu cyangwa imiryango ihabwa inkunga n’amahanga, ikitwa abakorera inyungu z’abanyamahanga.
Abawunenga bavuga ko amagambo awugize asa n’ayakoreshejwe mu bindi bihugu mu gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Gusa hari bamwe mu baturage bawushyigikiye, bavuga ko wagira uruhare mu gukaza igenzura ku mafaranga ava mu mahanga. Umucuruzi kandi utegura ibirori, Elijah Rabwoni, yavuze ko uyu mushinga ufite akamaro nubwo uteje impaka.
Ati: “Iri tegeko… nubwo riteje impaka, ni ryiza. Rije mu gihe abantu benshi bahabwa amafaranga ariko ntibakurikiranwe neza. Iyo leta ibikurikiranye neza, ni byiza.”
Ku rundi ruhande, hari abagaragaza impungenge z’ingaruka bishobora kugira ku mibereho yabo ya buri munsi. Umushoferi wa moto avugana na African News, Samuel Musoba, yavuze ko igabanuka ry’amafaranga ava hanze rishobora kudindiza ubucuruzi no kugira ingaruka ku miryango.
Yagize ati: “Niba amafaranga atakiza mu gihugu… ubucuruzi nabwo ntibuzagenda neza. Bizangiraho ingaruka nanjye ubwanjye, kandi ku musozo bizagera no ku muryango wanjye.”
Uyu mushinga w’itegeko ukomeje guteza impaka mu nzego zitandukanye zirimo imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, abanyamakuru n’abikorera, bavuga ko ushobora kugabanya ubwisanzure no gutuma abashoramari bagira impungenge zo gushora imari muri Uganda.















































































































































































