Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Kamonyi/Kayenzi: Umukecuru w’imyaka 80 akurikiranweho ubufatanye mu bujura buciye icyuho

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ukwakira 2019, Polisi y’u Rwanda ikorera mu murenge wa Kayenzi mu karere ka Kamonyi yafashe abasore  batandatu n’umukecuru umwe ufite imyaka 80 bamaze kwiba ibicuruzwa muri butike ya Gatete Janvier, umucuruzi mu isantere ya Kayenzi.

Polisi y’u Rwanda dukesha iyi nkuru itangaza ko uyu mukecuru akurikiranweho kuba yaranze gutanga amakuru y’aho ibicuruzwa biri nyamara mu gihe bariya basore babyibaga bagiye kubihisha mu nzu ye ndetse inzego z’umutekano zajya gusaka zikabisangamo. Gusa, uyu mukecuru ntabwo yafunzwe, arakurikiranwa ari iwe mu rugo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro, avuga ko mu rukerera rwa tariki ya 12 Ukwakira Polisi y’u Rwanda ubwo yari  mu gikorwa cy’umutekano yatabajwe n’umuturage w’umucuruzi mu isantere ya Kayenzi witwa Gatete Janvier avuga ko hari abajura bamaze gutobora inzu ye y’ubucuruzi bakamwiba ibicuruzwa n’amafaranga.   Ako kanya Polisi ifatanyije n’abanyerondo bahise bakurikirana bashobora gufata bariya basore uko ari batandatu n’uriya mukecuru.

CIP Twajamahoro yagize ati: “Umucuruzi  witwa Gatete Janvier yaradutabaje bihurirana n’uko twari tukiri mu bikorwa by’umutekano twari twarayemo, twahise dufatanya n’abanyerondo turakurikirana tubasha gufata bariya basore ndetse tunabasangana bimwe mu bicuruzwa bari bamaze kwiba.”

Umucuruzi avuga ko ibicuruzwa  yibwe ari  amajerikani  5 y’amavuta yo guteka,  imifuka 11 y’umuceri, amacupa 24 y’ikinyobwa kitwa Umuhuza, amacupa 12 y’inzoga ya  wisiki (Whisky), ndetse n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bitandatu (6,000).

CIP Twajamahoro  avuga  ko abo bajura babigabanye hanyuma mu rugo rw’umukecuru hafatiwe umufuka umwe w’umuceri n’ijerikani imwe y’amavuta yo guteka.

Yaboneyeho gukangurira abaturage gukaza amarondo ndetse anasaba abacuruzi kujya bagira abazamu bararira amazu yabo y’ubucuruzi mu rwego rwo kwicungira umutekano.

Yagize ati: “Icyo dukangurira abaturage ni ugukaza amarondo kuko no kugira ngo bariya bafatwe abari baraye irondo babigizemo uruhare kuko bafatanyije na Polisi barabatanga tanga barafatwa, abacuruzi nabo turabasaba kujya bagira abazamu barinda amazu yabo y’ubucuruzi mu rwego rwo kwicungira umutekano.”

Yakomeje agira inama  urubyiruko rw’insoresore birirwa bifashe mu mifuka bwakwira bakajya kwiba ibya rubanda gukura amaboko mu mifuka bagashaka imirimo ibateza imbere bakareka kwiba.

Ati: “Ruriya rubyiruko turarugira inama yo kwibumbira mu makoperative rugakora ndetse ntibabura abafatanyabikorwa igihe cyose bishyize hamwe bagakora, inaha  hari ibikorwa byinshi bajyamo bagakora batiriwe bajya kwiba.”

Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB) kugira ngo bakurikiranwe ku  cyaha bakoze. Ni mu gihe hakirimo gushakishwa aho  bahishe ibindi bicuruzwa bibye.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo yaryo ya   166  ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000Frw) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000Frw), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira.

Rwanyange Rene Anthere

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities