Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ngoma: Umugabo yaguwe gitumo abagira mu gihugu inka yibye

Ku Cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo 2019, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ngoma yafatiye mu murenge wa Remera umugabo ukurikiranweho kwiba inka z’abaturage akazibaga, akaba yarafashwe amaze kubaga iyo yari  yibye mu murenge wa Kibungo mu ijoro ryo ku wa 23 rishyira ku wa 24 Ugushyingo 2019.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko umuturage witwa Mukansengimana Jeannette yabagejejeho amakuru ko yibwe inka ye, ku cyumweru hatangiora igikorwa cyo kuyishakisha mu mirenge yose igize akarere ka Ngoma.

CIP Twizeyimana akomeza avuga ko abaturage bo mu murenge wa Rurenge baje guhamagara Polisi ikorera muri uwo murenge, bavuga ko hari abantu babonye bafite inka bakeka ko bayibye.

Ati: “Abaturage bo mu murenge wa Rurenge baje gutanga amakuru ko hari abantu babonye banyura muri uwo murenge bashoreye inka berekeza mu murenge wa Remera bakeka ko bayibye. Polisi yo mu murenge wa Remera yakoranye na Polisi yo mu murenge wa Rurenge baza gusanga Niyorurema Thierry arimo kubagira ya nka mu murenge wa Remera.”

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba akomeza avuga ko uyu Niyorurema ngo asanzwe abaga inka akagurisha inyama zazo nyamara nta bagiro rizwi afite. Inka azibagira mu bihuru ari naho yafatiwe arimo kubaga iyo yari yibye umuturage mu murenge wa Kibungo. Niyorurema akimara gufatwa yavuze ko inka hari umugabo yayiguzeho ariko ntashobora kumugaragaza.

CIP Twizeyimana yashimiye abaturage uruhare bagize kugira ngo umunyacyaha afatwe, abasaba gukomeza ubufatanye n’inzego z’umutekano mu kurwanya ibyaha. Yakomeje avuga ko ubusanzwe ubujura bw’amatungo bwari bumaze kugabanuka mu ntara y’Iburasirazuba biturutse ku bufatanye n’abaturage n’izindi nzego mu kwicungira umutekano.

Ubwanditsi

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities