Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame, yongeye kwibutsa urubyiruko ko rufite uruhare rukomeye mu kurinda ukuri no gusigasira amateka y’igihugu, ashimangira ko ari zo nkingi z’ubumwe n’ejo hazaza h’u Rwanda.
Ubutumwa bwe bugaruka ku nshingano zo kwibuka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, imbaraga z’abayirokotse ndetse n’inshingano ya buri Munyarwanda mu kurinda isura n’agaciro by’igihugu.
Yagaragaje ko kurengera ukuri bidakwiye kuba amagambo gusa, ahubwo ko bisaba ubwitange n’imbaraga zihoraho, cyane cyane muri iki gihe hakigaragara amakuru ayobya n’abahakana amateka. Yasabye urubyiruko gukomeza kugira ubushishozi, gutekereza neza no kudaterwa ubwoba n’abagerageza guhindura amateka y’u Rwanda.
Yagize ati: “Urubyiruko rugomba kumva ko nubwo tuvuga ko ukuri kunyura mu muriro ntigushye kandi ko buri gihe gutsinda umwijima, bisaba abantu guhaguruka bakakugaragaza mu mucyo, bakoresheje ubwenge n’ubusobanuro bwimbitse, kuko abakurwanya bahora bashaka uburyo bwo kuyobya abandi,”
Madamu Jeannette Kagame yibukije ko gahunda ya “Ntibizongere” ari inshingano ihoraho, isaba buri wese kugira ubumenyi, ubutwari n’ibikorwa bifatika. Yavuze ko nubwo u Rwanda rumaze kugera ku iterambere rishimishije mu kubaka ubumwe n’amahoro, hari abagishaka kuyobya amateka no gutesha agaciro ibyo igihugu cyagezeho.
Yashimiye kandi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza ko ubutwari bagaragaje bwo kubaho, kubabarira no kongera kwiyubaka ari urugero rukomeye ku bazaza. Yavuze ko ubudahangarwa bwabo ari imwe mu nkingi zafashije u Rwanda kongera kubaho no gutera imbere.
Yongeye gushimangira uruhare rw’imiryango n’abarezi mu gutoza urubyiruko indangagaciro zirimo gukunda ukuri, gutekereza byimbitse no gukunda igihugu, aho yasabye ababyeyi n’abarimu gufasha urubyiruko kumenya gutandukanya ukuri n’ibinyoma, gushaka gihamya no kugira ubutwari bwo kuvuga ukuri igihe bahuye n’ibinyoma.
Ubu butumwa buje mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, igihe gifatwa nk’umwanya wo kuzirikana amateka ariko nanone kikaba n’umwanya wo gufata ingamba zo kuyasigasira. Madamu Jeannette Kagame akaba yibukije ko guceceka bishobora gutuma ibinyoma n’ihakana bifata indi ntera.
Nubwo hari ibibazo bikigaragara, Madamu wa Perezida yagaragaje icyizere afitiye urubyiruko rw’u Rwanda, arushimira kuba rufite ubushishozi n’ubushake bwo gukomeza kubaka igihugu. Yarusabye gukomeza gushimangira ubumwe, kurengera ukuri no gukomeza kwihangana mu rugendo rwo kubaka ejo hazaza.
Yashimangiye ko u Rwanda rufite imbaraga zo gukomeza kubaho no gutera imbere, anahamagarira Abanyarwanda bose gukomeza guhagurukira kurinda amateka y’igihugu, avuga ko u Rwanda ruriho kandi ko ruzakomeza kubaho.

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kugira ubumenyi n’ibikorwa bifatika kugira ngo ruzahangane n’abapfobya amateka igihugu cyanyuzemo



















































































































































































