Connect with us

Hi, what are you looking for?

Akarere

Hakenewe gushyira hamwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere _Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame mu butuma yatanze mu nama yiga ku mihindagurikire y’ikirere muri Afurika, agaraza ko hakenewe gushyira hamwe kw’ibihugu mu guhangana n’iki kibazo kigira ingaruka zikomeye ku mugabane wa Afurika.

Ni inama yabereye i Nairobi muri Kenya ku butumire bwa Perezida Dr. William Ruto, yitabiriwe na bamwe mu bakuru b’ibihugu bya Afurika n’abayobozi batandukanye, barimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, impirimbanyi mu kurwanya iyangizwa ry’ikirere n’abandi.

Perezida Kagame agaragaza ko nyuma y’inama ya COP27, hari imishinga itandukanye imaze gushorwamo imari mu gutunganya ingufu zisukuye no kubungabunga ibidukikije, ibyo yita ikimenyetso gitanga icyizere ko hari impinduka mu bufatanye.

Perezida Kagame agira ati “Buri mwaka abatuye Isi bibutswa ingaruka z’ikibazo cy’imihindagurikire y’ibihe, ubushakashatsi buheruka bwatweretse ibintu bitandukanye birimo no kuba Nyakanga ari ko kwezi kwabayeho kwagaragayemo ibipimo by’ubushyuhe biri hejuru mu mateka ya muntu.”

Akomeza agira ati “Afurika ikomeje kwirengera ingaruka z’izamuka ry’ibipimo by’ubushyuhe kandi ari yo igira uruhare ruto mu kohereza mu isanzure imyuka ihumanya ikirere, ntabwo dushobora gukomeza kubivuga gusa tudakora ibikenewe mu gukemura iki kibazo. Ibi ni akarengane ariko urebye mu gihe kirekire guhora twitana bamwana ntabwo ari igisubizo.”

Perezida Kagame agaragaza ko igisubizo kirambye kiri mu kuba Afurika yagira uruhare rukomeye mu bushakashatsi n’ibisubizo bivugutirwa iki kibazo.

Agira ati “Uburyo bwarushaho gukemura ikibazo ni uko Afurika yagira uruhare mu bushakashatsi bugamije gushaka ibisubizo by’Isi ku bibazo by’imihindagurikire y’ibihe. Afurika ishyize hamwe kandi bikwiriye gukomeza kumera gutyo kuri iki kibazo.”

Perezida Kagame yakomeje agaragaza ko mu Rwanda bashaka ko abikorera bagira uruhare rukomeye mu kubaka ubukungu butangiza ibidukikije.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, we yibutsa ko ibihugu bikize bigomba kubahiriza ibyo byiyemeje bitanga umusanzu wabyo mu mafaranga hagamijwe guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Yanashimangiye ko umugabane wa Afurika ari umufatanyabikorwa w’ingenzi muri uru rugamba ahamagarira amahanga kwifatanya n’uyu mugabane mu kurengera isi.

Perezida wa Comores, Azali Assoumani kuri ubu unayoboye Afurika Yunze Ubumwe, yibukije ko hakenewe ishoramari rihagije mu kubungabunga ibidukikije, ikoreshwa ry’ingufu zisukuye kimwe n’ubuhinzi burambye bwafasha mu kwihaza mu biribwa.

Kuri Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Arap Ruto yagaragaje ko Afurika itakaza amafaranga menshi buri mwaka mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere bikadindiza iterambere.

Yashimangiye ko hakwiye kubaho ubutabera mu isaranganywa ry’umutungo w’isi, ari nako yibutsa ko Afurika ari ibihaha by’isi kandi ko abangiza ikirere bagomba kwishyura.

Mu bihugu 20 byugarijwe cyane n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, 17 biri ku Mugabane wa Afurika.

Ubukana bw’izi ngaruka bushegesha Afurika mu gihe nyamara uyu mugabane ugira uruhare rwa 4% gusa mu kwanduza ikirere kuko wohereza tone miliyari 1.45 z’ibyuka bihumanya ikirere.

Mu bihugu biza ku isonga mu guhumanya ikirere harimo u Bushinwa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Burusiya n’ibindi bifite inganda nyinshi kandi zikomeye.

Biteganijwe ko hatagize igikorwa, imyuka yangiza ikirere iziyongeraho 126% kugeza muri 2030, aho u Rwanda rukeneye nibura miliyari 11 yo gukoresha mu gukumira ibyangiza ikirere ndetse gusana ibyamaze kwangizwa n’ingaruka zituruka ku kwangirika kwacyo.

Panorama

1 Comment

1 Comment

  1. Kwizera Jackson

    September 7, 2023 at 11:05

    Nibyo kabisa

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Izindi wakunda

Amakuru

Perezida Paul Kagame, amaze gutorerwa kuziyamamariza kuyobora igihugu mu matora ateganyijwe mu Nyakanga 2024, yatangaje ko n’ubwo Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bamugiriye icyizere, bakwiye...

Amakuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwagize amahitamo meza yo kwemerera ibigo by’itumanaho gushora imari mu Rwanda. Ibi yabigarutseho ubwo MTN...

Amakuru

Perezida wa Republika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda ku wa 16 Kanama 2022 yazamuye mu ntera Brig General Eugene Nkubito ajya...

Amakuru

Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka mu gihugu cya Uganda, akaba n’umujyanama mu bya Gisirikare wa Perezida Yoweli Kaguta Museveni, Gen Muhoozi kaineruga aribaza niba...

PanoramaTV Rwanda

https://www.youtube.com/watch?v=BgBhZVIypEs

Click here to Follow our YouTube Channel

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities

Copyright © 2021 Panorama.